Imodoka zigendera ku migozi mu mishinga igiye guhindura ingendo rusange muri Kigali
  • 4 months ago
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bukomeje kunoza uburyo butandukanye bwakwifashishwa mu ngendo mu mujyi, harimo imodoka zigendera ku migozi zizwi nka ‘cable cars’ cyangwa izigendera ku byuma bishinze, aho kuba imihanda isanzwe.

Ni uburyo bujyanye cyane n’imiterere y’umurwa mukuru w’u Rwanda ugizwe n’imisozi, ku buryo usanga nubwo kuhubaka imihanda bishoboka, iyo bigeze ku buryo buteye imbere bw’ingendo nka gari ya moshi, bisa n’ibigoranye kuko hari ubwo byasaba gusatura imisozi, ugasanga birashoboka ariko birahenze cyane.

Umuyobozi wungirije w’Umujyi wa Kigali ushinzwe imiturire n’ibikorwa remezo, Dr Nsabimana Ernest, yabwiye IGIHE ko ubundi buryo bwari gushoboka bijyanye n’imiterere y’Umujyi wa Kigali, ari ukubaka imihanda ica hejuru mu kirere, ariko rimwe na rimwe ugasanga bitakigezweho.

Subscribe: https://www.youtube.com/IgiheTV?sub_confirmation=1
Facebook: https://web.facebook.com/igihe
DailyMotion: https://www.dailymotion.com/igihetelevision
Twitter: https://twitter.com/IGIHE
Instagram: https://www.instagram.com/igiheofficial
Flickr: https://www.flickr.com/photos/igihepictures/
Website: http://igihe.com/

#IGIHE #Rwanda #KigaliCity
Recommended