Abo muri kaminuza bongeye gukandagira ku ishuri nyuma y'amezi arindwi bari mu ngo:Uko byari byifashe

  • 4 months ago
Bamwe mu banyeshuri bo muri kaminuza, nyuma y’uko bakomorewe gutangira amashuri, batangaje ko biteguye guhangana na Coronavirus mu gihe cyose baba bari ku ishuri.

Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 25 Gicurasi yatanze icyizere ko amashuri agiye gufungura mu gihe cya vuba nyuma y’amezi asaga atandatu afunze mu rwego kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19.

Kaminuza nizo zahereweho zikomorerwa, ariko ku bahereye kubari mu myaka ya nyuma, abiga mu mwaka wa gatatu n’uwa kane. Kaminuza za mbere zaratangiye ndetse abanyeshuri bamwe amasomo barayamenyereye.

Bamwe mu banyeshuri ndetse n’abayobozi b’ibigo baganiriye na IGIHE, batangaje ko bishimiye kongera gusubira mu masomo, biyemeza gukaza ingamba.

Subscribe: https://www.youtube.com/IgiheTV?sub_confirmation=1
Facebook: https://web.facebook.com/igihe
DailyMotion: https://www.dailymotion.com/igihetelevision
Twitter: https://twitter.com/IGIHE
Instagram: https://www.instagram.com/igiheofficial
Flickr: https://www.flickr.com/photos/igihepictures/
Website: http://igihe.com/

#IGIHE #Rwanda

Recommended