Ifatwa rya Rusesabagina ni isomo rikomeye, iby'icyogajuru cy'u Rwanda nabivuze kera bakantuka
  • 4 months ago
Dr Frank Habineza mu 2013 yagiye ku biro bya RGB agiye gufata ibyangombwa by’ishyaka rye. Icyo gihe yashakaga kwiyamamaza mu matora y’abadepite ariko kubera kubibona atinze, ntiyabasha kwiyamamaza, ataha yimyiza imoso, amatora yakurikiyeho yahise ahindura umuvuno ashaka kuba Perezida wa Repubulika.

Ni urugendo rurerure kuri we kuko muri ayo matora nabwo atahiriwe, kuko yagize 0.5% mu gihe yumvaga ko make yagira ari 25%. Ubu amaze imyaka ibiri mu Nteko Ishinga Amategeko nyuma y’uko mu matora y’abadepite yo mu 2018 ishyaka rye ryabonye amajwi angana na 5% bituma ribona intebe ebyiri.

Kuri we ni urugendo rwiza ariko rutari rworoshye. Mu kiganiro na IGIHE yagarutse ku mbogamizi yahuye nazo, ibyo yasezeranyije abaturage, ndetse n’isomo abatavuga rumwe n’u Rwanda bakwiye kwigira ku ifatwa rya Paul Rusesabagina uherutse gutabwa muri yombi.

Subscribe: https://www.youtube.com/IgiheTV?sub_confirmation=1
Facebook: https://web.facebook.com/igihe
DailyMotion: https://www.dailymotion.com/igihetelevision
Twitter: https://twitter.com/IGIHE
Instagram: https://www.instagram.com/igiheofficial
Flickr: https://www.flickr.com/photos/igihepictures/
Website: http://igihe.com/

#IGIHE #Rwanda #FrankHabineza
Recommended