Abantu benshi ntibajya basobanukirwa ingaruka ibyo turya bigira ku bwonko bwacu. Ubwonko nk’umugenga umwe rukumbi wa buri rugingo rugize impagarike ya muntu, bukenera kwitabwaho no kurindwa buri kintu cyose cyabuhungabanya.
Nta gushidikanya ko ibyo turya aribyo biha ubushobozi ubwonko mu kazi ko kugenzura ibikorwa ibyo aribyo byose, cyane ko abahanga mu mirire bavuga ko «Turi ibyo turya» kandi ngo «Amagara aramirwa, ntamerwa».